Amakipe ane ahagarariye u Rwanda yegukanye intsinzi muri Shampiyona Nyafurika

Amakipe ane ahagarariye u Rwanda yegukanye intsinzi muri Shampiyona Nyafurika

Amakipe ane ahagarariye u Rwanda yegukanye intsinzi muri Shampiyona Nyafurika

Amakipe ane ahagarariye u Rwanda yegukanye intsinzi muri Shampiyona Nyafurika

‎Amakipe ane ahagarariye u Rwanda ari yo APR VC, Kepler VC, Police VC na REG VC yitwaye neza yegukana intsinzi mu mikino y’umunsi wa gatatu wa Shampiyona Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball iri kubera i Kigali.



‎Iyi mikino yakiniwe muri BK Arena na Petit Stade ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026 yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly ndetse na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin.



‎Umukino wari utegerejwe cyane wahuje Ikipe ya Polisi y’Igihugu na FUS Rabat yo muri Maroc yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya gatatu.



‎N'ubwo FUS Rabat yatangiye neza yegukana iseti ya mbere ku manota 25 kuri 19, Police VC yagarutse mu mukino ihita yegukana iseti ya kabiri ku manota 28 kuri 26.



‎Abakinnyi ba Police VC barimo Matheus Bettim na Makuto Elphas bakomeje kwitwara neza bafasha ikipe yabo kwegukana iseti ya gatatu ku manota 25 kuri 20 ndetse n'iya kane ku manota 25 kuri 21.



‎Iyi yabaye intsinzi ya kabiri yikurikiranya kuri iyi kipe yari yabanje gutsinda Prisons VC yo muri Tanzania amaseti atatu ku busa mu mukino wayo wa mbere.



‎Ikipe ya REG VC yo yabonye intsinzi yayo ya mbere muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda Rukinzo VC y’i Burundi amaseti atatu ku busa yabonetse ku manota 25-22, 25-15 na 25-22.



‎Ku rundi ruhande, APR VC na Kepler VC na zo zakomeje kwerekana imbaraga, aho zombi zegukanye intsinzi ya kabiri yikurikiranya muri iri rushanwa Nyafurika.



‎APR VC yatsinze Litto Team yo muri Cameroun amaseti atatu ku busa mu gihe Kepler VC yatsinze Sports-s yo muri Uganda na yo amaseti atatu ku busa.



‎Imikino irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho saa munani z'amanywa Police VC ikina na Wolaita yo muri Ethiopia, naho REG VC igakina na General S yo muri Kenya.



‎Guhera saa kumi n’ebyiri z'umugoroba Cameroun S irakina na Kepler VC, mu gihe saa mbiri APR VC izaba ikina na Nemo Stars yo muri Uganda.

























































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now