Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yijeje abafana b'iyi kipe kwitwara neza imbere ya APR FC mu mukino w'umunsi wa 29 wa Shampiyona uzabera kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki 2 Gicurasi 2026.
Ibi yabitangaje nyuma y'uko ikipe ye ibonye intsinzi y'ibitego 2-0 imbere y'Amagaju FC mu mukino w'umunsi wa 28 wabereye mu Karere ka Huye ku Cyumweru tariki 26 Mata 2026.
Ibi bitego byinjijwe na Tambwe Gloire ndetse na Yousou Diagne byafashije Gikundiro kugarura icyizere nyuma y'imikino irenga itanu itabasha gutsinda umukino n'umwe muri Shampiyona.
Haringingo yagaragaje ko kwitwara neza imbere y'Amagaju FC byabazamuriye icyizere n'imbaraga mu bakinnyi mbere yo guhura na mukeba wabo.
Yagize ati "Ubu dukoze ibintu byiza mbere yo gukina ‘Derby’ kandi nizeye ko bizaduha Morale ishobora kudufasha kwitwara neza imbere ya APR FC".
Uyu mutoza wari ubonye intsinzi ye ya mbere mu mikino ine aheruka gutoza kuva yasinyira iyi kipe mu kwezi gushize, yashimangiye ko agifite icyizere cyo kwegukana Igikombe cya Shampiyona kuko ibintu byose bigishoboka.
Yavuze ko bagize amahirwe yo gutsinda APR FC byagabanya ikinyuranyo kigasigara ari amanota atanu gusa, mu gihe haba hakibura imikino itanu ngo umwaka w'imikino urangire.
Yasabye abakunzi ba Rayon Sports kuzaza kubashyigikira ari benshi muri uyu mukino ufatwa nk'uwa mbere mu Rwanda, yizeza ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo babashimishe.
Kugeza ubu ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa kane n'amanota 45 inyuma y'amakipe arimo Al Hilal SC, APR FC ndetse na Al Merrikh SC ayoboye urutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona.

