APR FC yanyagiye Mukura VS ikomeza kotsa igitutu Al-Hilal SC

APR FC yanyagiye Mukura VS ikomeza kotsa igitutu Al-Hilal SC

APR FC yanyagiye Mukura VS ikomeza kotsa igitutu Al-Hilal SC

APR FC yanyagiye Mukura VS ikomeza kotsa igitutu Al-Hilal SC
‎Ikipe ya APR FC yakuye intsinzi y'amanota atatu y'ingenzi i Huye nyuma yo gutsinda Mukura Victory Sports ibitego 3-0 mu mukino w'Umunsi wa 28 wa BK Pro League wabereye kuri Stade Kamena kuri uyu wa Gatandatu.
‎Iyi ntsinzi yafashije Ikipe y'Ingabo z'Igihugu kugira amanota 55 ku mwanya wa kabiri, ikomeza gusatira Al-Hilal SC iyoboye urutonde rwa Shampiyona n'amanota 58, mu gihe yanashyizemo ikinyuranyo cy'amanota 11 hagati yayo na Rayon Sports zizahura ku wa Gatandatu utaha.
‎Mbere y'uko uyu mukino utangira abari kuri Stade Kamena babanje gufata umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside yabaye mu 1994.
‎APR FC yatangiye umukino idafite bamwe mu bakinnyi bayo b'ingenzi mu bwugarizi barimo Niyigena Clement wavunitse na Nshimiyimana Yunussu wujuje amakarita atatu y'umuhondo.
‎Ku munota wa kane gusa, Djibril Ouattara yakorewe ikosa mu rubuga rw'amahina umusifuzi Murindangabo Moise atanga penaliti. Uyu rutahizamu yateye iyi penaliti neza, ariko umupira uca ku ruhande rw'izamu.
‎Mukura VS yagerageje gushaka igitego binyuze ku bakinnyi barimo Iradukunda Elie Tatou na Mutsinzi Patrick ariko umunyezamu Hakizimana Adolphe akomeza guhagarara neza. 
Uyu munyezamu yaje kuvunika ku munota wa 35 agonganye na Mutsinzi Patrick bituma asohorwa mu kibuga ajyanwa ku bitaro asimburwa na Ruhamyankiko Yvan.
‎Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, ariko mu gice cya kabiri APR FC yaje yariye karungu yiharira umukino cyane.
‎Ku munota wa 50 Hakim Kiwanuka yahinduye umupira mwiza usanga Djibril Ouattara wari uhagaze neza ahita awuboneza mu izamu atsinda igitego cya mbere.
‎Nyuma y'iminota itandatu gusa Hakim Kiwanuka yatsinze igitego cya kabiri nyuma yo guhererekanya neza na Byiringiro Jean Gilbert ubwugarizi bwa Mukura VS buwukuraho nabi, ahita awusongamo.
‎Nduwayo Alex yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 61 nyuma ya koruneri yari itewe na Ruboneka Bosco. Ibi byatumye APR FC yizera neza intsinzi itangira gukora impinduka iruhutsa abakinnyi barimo William Togui na Dauda Yussif.
‎Mukura VS yagerageje gushaka uko yagabanya ikinyuranyo ariko ba myugariro ba APR FC bakomeza kuyibera ibamba bituma umukino urangira itabashije kureba mu izamu, igumana amanota 41 ku mwanya wa karindwi.
‎Uyu mukino wakurikiranywe n'abafana 3300 bitewe n'ubuto bwa Stade Kamena, wari witabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye barimo umutoza w'Ikipe y'Igihugu Amavubi Stephen Constantine ndetse n'abakinnyi ba Rayon Sports bazahura na Amagaju FC kuri iki Cyumweru mbere yo guhura na APR FC mu cyumweru gitaha.
























Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now