Ikipe ya Rayon Sports yabonye intsinzi ya mbere mu mikino ya Shampiyona kuva yatozwa na Haringingo Francis Christian nyuma yo gutsindira Amagaju FC kuri Stade Kamena ibitego bibiri ku busa, yisubiza umwanya wa kane ku rutonde rw'agateganyo.
Ibi bitego byombi bya Gikundiro byabonetse binyuze ku mipira y'imitwe, aho icya mbere cyinjijwe na Tambwe Gloire ku munota wa 33 naho icya kabiri gitsindwa na Kapiteni Youssou Diagne ku munota wa 75.
Aba bakinnyi bombi bahawe imipira ivamo ibitego na myugariro Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Kabange wigaragaje cyane muri uyu mukino w'umunsi wa 28 wa Shampiyona.
Ibyishimo by'igitego cya mbere ntabwo byamaze igihe kirekire kuko Tambwe Gloire yahise agira ikibazo cy'imvune ubwo yishimiraga iki gitego, asimburwa na Fall Ngagne ku munota wa 38.
Mbere y'uko uyu mukino utangira abari bitabiriye bose barimo Umuyobozi w'Akarere ka Huye Sebutege Ange wari wicaranye na Perezida wa Rayon Sports Murenzi Abdallah, bari babanje gufata umunota wo kwibuka inzirakarengane z'Abatutsi zishwe muri Jenoside mu 1994.
Uku kwegukana amanota atatu byatumye Rayon Sports igira amanota 47 ku mwanya wa kane, aho irushwa amanota 14 na Al-Hilal SC ya mbere ndetse ikarushwa umunani na APR FC ya kabiri zizahura ku wa Gatandatu utaha.
Ku rundi ruhande, ikipe y'Amagaju FC ikomeje kwitwara nabi kuko yagumye ku mwanya wa 15 ubanziriza uwa nyuma n'amanota 27, aho irusha amanota atanu gusa amakipe ari munsi y'umurongo utukura.
N'ubwo ubuyobozi bw'Amagaju FC bwari bwemerewe kwinjiza abafana ibihumbi bitatu na magana atatu muri Stade Kamena, umukino ntabwo witabiriwe cyane nk'uko byari byitezwe, dore ko n'imyanya y'icyubahiro yari irimo abantu mbarwa.
Nyuma y'uyu mukino Rayon Sports igiye kwerekeza amaso ku mukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cy'Igikombe cy'Amahoro izahuramo na Gorilla FC mu cyumweru gitaha mbere yo kwakira APR FC muri Shampiyona.
Mu yindi mikino y'uyu munsi wa 28 yabaye, Etincelles FC yanganyije na Kiyovu Sports ubusa ku busa mu gihe Al-Merrikh FC yatsinze Bugesera FC ibitego bitatu ku busa.
Leave a Comment