Umunyamakuru w'imikino Ngaboyicondo Roben yatangiye imirimo mishya nk'umukozi ushinzwe inozabubanyi n'itangazamakuru mu Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026.
Uyu munyamakuru yahawe izi nshingano nyuma yo gusezera ku mirimo yakoraga kuri Radio na TV10, aho yari amaze umwaka umwe akora ibiganiro by'imikino.
Muri FERWAFA, Ngabo ahasanze Mutuyimana Maurice Olivier usanzwe ushinzwe itumanaho n'itangazamakuru, akaba aje kunganira uru rwego rwongewemo uyu mwanya w'inozabubanyi utari usanzwe ubaho muri iri shyirahamwe.
Ibi byose bibaye nyuma y'iminsi mike atangaje ko asezeye burundu ku mirimo y'itumanaho yari amazemo igihe kirekire mu Ikipe ya Rayon Sports.
Tariki ya 10 Gashyantare 2026, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze amenyesha abakunzi b'iyi kipe ko ahagaritse akazi nyuma yo kutabona ibintu kimwe n'ubuyobozi bushya.
Icyo gihe yagize ati “Mu marangamutima avanze, nsezeye ku ikipe nakoreye nishimye mu gihe cy’imyaka itandatu nk’ushinzwe itumanaho. Abo twakoranye rwari urugendo rwiza.”
Ngabo yongeyeho ko mu minsi yari yabanje byari ibihe bikomeye kuko ubuyobozi bwari bwahisemo indi nzira itandukanye n'umurongo we w'akazi, gusa ashimangira ko yubashye uwo mwanzuro kandi ko agiye afite urwibutso rwiza.
Muri iyi myaka itandatu yakoreye Rayon Sports mu bihe bitandukanye (2018-2020 na 2023-2026), yagize uruhare mu kubaka isura y'ikipe no kuzamura imbuga nkoranyambaga zayo zirimo X, Instagram na YouTube, ubu zikaba zikurikirwa n'abantu barenga ibihumbi 440.
Yari anamenyerewe cyane mu kiganiro ‘Rayon Time’ gitambuka kuri Isango Star.
Ngabo Roben afite uburambe bw'imyaka 11 mu mwuga w'itangazamakuru ry'imikino mu Rwanda. Mu myaka yashize, yanyuze mu bitangazamakuru bikomeye byandika birimo Umuseke (2015-2017) na IGIHE (2017-2020), ndetse anakora kuri radiyo zitandukanye zirimo Isango Star, Radio/TV1 (2020-2023), na Radio/TV10 yagezemo muri 2025 mbere yo kwerekeza muri FERWAFA.
Leave a Comment