Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yatangiye neza imikino ya FIFA Series 2026 itsinda Grenada ibitego 4-0 mu mukino w'Itsinda A wabereye kuri Stade Amahoro mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026.
Uyu mukino w'amateka warebwe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame, wasize Umutoza Mukuru w'Amavubi, Stephen Constantine, yongeye kwigarurira imitima y'Abanyarwanda ku mukino we wa mbere kuva agarutse i Kigali.
Iyi ntsinzi ije isa n'iyibutsa ibihe byiza bya 2014 ubwo uyu mutoza yafashaga u Rwanda gutsinda imikino ikomeye irimo uwa Libya na Congo Brazzaville.
Amavubi yatangiranye ishyaka ryinshi ashaka igitego hakiri kare, ariko ubwugarizi bwa Grenada buhagarara neza kugeza mu minota y'inyongera y'igice cya mbere.
Ku munota wa 45+1 Leroy-Jacques Mickels wakinaga umukino we wa mbere mu Ikipe y'Igihugu, yateye ishoti rikomeye ari inyuma y'urubuga rw'amahina atsinda igitego cya mbere cyahagurukije Stade Amahoro.
Iki gitego cyabaye icya mbere u Rwanda rutsindiye kuri iyi stade kuva mu 2025.
Ibyishimo byakomeje kwisukiranya kuko ku munota wa 45+5 gusa Kwizera Jojea yahise atsinda igitego cya kabiri ku mupira mwiza yari ahawe na Biramahire Abeddy, igice cya mbere kirangira Amavubi ayoboye n'ibitego 2-0.
Igice cya kabiri kigitangira Amavubi yakomeje kotsa igitutu iyi kipe ibarizwa mu Birwa bya Caraïbes. Ku munota wa 68 Kapiteni Bizimana Djihad yateye ishoti rikomeye inyuma y'urubuga rw'amahina atsinda igitego cya gatatu, yongera kunezeza Abanyarwanda nyuma y'igihe kirekire atabatsindira igitego.
Umunyenga w'ibitego washyizweho akadomo na Hakim Sahabo wari winjiye mu kibuga asimbuye. Ku munota wa 81 yahawe umupira mwiza na Uwineza Rene na we wakinaga umukino we wa mbere mu Mavubi, awuroba umunyezamu wa Grenada, atsinda igitego cya kane cy'u Rwanda.
Ibi bitego bine Amavubi yaherukaga kubitsinda mu 2021, ubwo yanyagiraga Repubulika ya Centrafrique 5-0 mu mukino wa gicuti.
Iyi ntsinzi idasubirwaho yahesheje u Rwanda itike yo kuzakina umukino wa nyuma w'Itsinda A uzaruhuza na Estonia yasezereye Kenya kuri penaliti 5-4 nyuma y'uko zanganyije igitego 1-1.
Uyu mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa Mbere Saa Tatu z'ijoro kuri Stade Amahoro, ukazabanzirizwa n'umukino w'umwanya wa gatatu uzahuza Kenya na Grenada Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba.
Leave a Comment