Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani isanzwe ikinira imikino yayo mu Rwanda, yatanze ikirego mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) isaba gutera mpaga RS Berkane yo muri Maroc, ishinja gukinisha umukinnyi wari wahagaritswe kubera gukoresha imiti yongera imbaraga itemewe muri siporo.
Ubu busabe buje nyuma y'umukino wo kwishyura wa 1/4 cya CAF Champions League wabereye kuri Stade Amahoro tariki ya 22 Werurwe 2026, aho RS Berkane yatsinze Al Hilal SC igitego 1-0, ikayisezerera ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko mu mukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije.
Mu kirego cyayo, Al Hilal SC igaragaza ko myugariro akaba na Kapiteni wa RS Berkane, Hamza El Moussaoui, atari yemerewe gukina uyu mukino kuko yari yatsinzwe isuzuma ry’ibyongerambaraga bitemewe.
Uyu mukinnyi yari yahawe igihano cyo guhagarikwa iminsi 30 habura iminsi ibiri ngo umukino ubanza ube, ariko iki gihano kiza gukurwaho ku munsi w'umukino wo kwishyura ari na bwo yagaragaye mu kibuga i Kigali, ndetse akaba ari na we wari watsinze igitego cya penaliti mu mukino ubanza.
Iki kirego kije cyiyongera ku kindi cya mbere iyi kipe yo muri Sudani yari iherutse gutanga muri CAF, ishinja umusifuzi wo hagati n’abari ku ikoranabuhanga rya VAR kubogama no kuyirenganya.
Al Hilal SC yagaragaje amashusho yemeza ko igitego cyayo cyanzwe binyuze muri VAR, ahubwo hakavamo penaliti yatumye itsindwa umukino.
Ayo mashusho yerekanye ko ikosa ryakozwe n’umukinnyi wa RS Berkane ryavuyemo imvune ikomeye kuri myugariro wa Al-Hilal SC, Saeed Ahmed, wakuwe mu kibuga ku ngobyi.
Iyi kipe yishingikirije ku ngingo ya gatanu y’amategeko agenga ikoreshwa rya VAR, ivuga ko iyo umusifuzi yaretse umukino ugakomeza bitemewe kuwusubiza inyuma ngo harebwe ikosa ryabanje.
Al Hilal SC yasoje inenga ko umwanya watakaye hifashishwa ikoranabuhanga rya VAR utigeze wongerwa ku minota y'umukino y'inyongera.
Mu gihe iperereza rya CAF ryagaragaza ko Hamza El Moussaoui yakoreshejwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko, RS Berkane ishobora guhita iterwa mpaga, Al Hilal SC igakomeza mu cyiciro gikurikira.
Leave a Comment