Rayon Sports yatangaje abakinnyi isigaje kugura mbere yo gusoza kwiyubaka

Rayon Sports yatangaje abakinnyi isigaje kugura mbere yo gusoza kwiyubaka

Rayon Sports yatangaje abakinnyi isigaje kugura mbere yo gusoza kwiyubaka

Rayon Sports yatangaje abakinnyi isigaje kugura mbere yo gusoza kwiyubaka

‎Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko imaze kugera ku kigero cya 80% mu bikorwa byo kwiyubaka yitegura umwaka utaha w'imikino, aho kugeza ubu isigaje kongeramo abakinnyi bake gusa barimo umunyezamu, umukinnyi wo hagati, ndetse na rutahizamu ukomeye uzafasha ikipe kwegukana ibikombe.



‎Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yemeje ko nyuma yo kwibanda cyane ku kugura Abanyarwanda kugira ngo bakemure icyuho bagize mu mwaka ushize, ubu amaso bayerekeje ku banyamahanga ndetse no gusoza ibiganiro n'abakinnyi basigaye.



Mu izamu, iyi kipe irifuza undi munyezamu wo gufatanya na Drissa Kouyaté na Mugisha Yves, aho bari mu biganiro na Kwizera Olivier wasoje amasezerano ye. Mu kibuga hagati harashakwa umunyamahanga umwe, naho mu busatirizi bagashaka rutahizamu kabuhariwe uhesha ikipe igikombe.



‎Perezida Murenzi kandi yavuze ko ku isoko ry'imbere mu gihugu, ubuyobozi bwa Gikundiro bugeze kure ibiganiro n'ikipe ya Mukura VS kugira ngo bwegukane Elie Tatou na Zuberi. Hari n'ibindi biganiro biri gukorwa kugira ngo barebe ko bahuza na Ndayishimiye Richard wasoje amasezerano, ndetse na Henry Msanga uherutse gutandukana na Police FC.



‎Usibye abakinnyi, Rayon Sports iri no gushaka umutoza wungirije ufite icyangombwa cya 'Licence A' ya CAF ugomba gusimbura Lomami Marcel wamaze gutandukana n'ikipe.



‎Gusoza isoko ry'abakinnyi hakiri kare ni intego nyamukuru, kuko Rayon Sports iteganya gutangira imyitozo ku wa Mbere, tariki ya 29 Kamena 2026. Iyi myitozo izaba igamije kwitegura umwaka w'imikino, by'umwihariko imikino yegereje irimo Rayon Day, CECAFA Kagame Cup ndetse na CAF Confederation Cup.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now