Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 24 Kamena 2026, ni bwo APR FC yatangaje uyu mukinnyi wigaragaje cyane mu mwaka w'imikino ushize wa 2025/2026. Mu butumwa bw'ikaze yashyize hanze, iyi kipe yagize iti "Intare nshya yinjiye mu muryango, izanye ishyaka, umuhate, n’inyota yo kurwanira ibirango by’umukara n’umweru.”
Uwiyaremye abaye umukinnyi wa kane mushya utangajwe n'iyi kipe muri iyi mpeshyi, akaba aje yiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre, Ishimwe Christian, ndetse n'Umunya-Côte d'Ivoire Amani Kouadiokan. Aba bakinnyi bashya baje kuziba icyuho cy'abarekuwe barimo Mugisha Gilbert, Niyomugabo Claude, Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah.
Nyamukandagira iri kwitegura guhagararira u Rwanda mu marushanwa akomeye mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali ndetse na CAF Champions League.
