Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League warangiye Arsenal FC inganyije igitego 1-1 na Atlético Madrid ku wa Gatatu.
Uyu mukino wabereye muri Espagne kuri Riyadh Air Metropolitano Stadium i Madrid, ukaba wahuje amakipe yombi asanzwe ari abafatanyabikorwa b'u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bizwi nka Village Urugwiro byabitangaje ku wa 30 Mata 2026, bibinyujije mu butumwa byashyize ku mbuga nkoranyambaga bwagiraga buti "Muri uyu mugoroba, kuri Riyadh Air Metropolitano Stadium i Madrid, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa ½ cya UEFA Champions League hagati y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Arsenal na Atlético Madrid Football Club warangiye ari igitego 1-1."
Muri ubu butumwa hagaragayemo ifoto yerekana Perezida Kagame yakirwa na Perezida wa Atlético Madrid, Enrique Cerezo Torres.
Amasezerano y'ubufatanye hagati y'u Rwanda na Atlético Madrid yatangiye mu 2025 akazageza mu 2028, aho iyi kipe yamamaza ubukerarugendo n'umuco by'u Rwanda kuri iyi sitade yakiniweho ndetse ikambara Visit Rwanda ku myambaro y'imyitozo.
Ku rundi ruhande, Arsenal imaze imyaka umunani ikorana n'u Rwanda yamamaza Visit Rwanda ku kuboko no kuri Emirates Stadium, ndetse ikanohereza abakinnyi basura ibyiza nyaburanga by'u Rwanda.
Muri uyu mukino watangiye amakipe yombi yigana nta n'imwe ishaka gukora amakosa, Arsenal yafunguye amazamu ku munota wa 44 binyuze kuri penaliti yatewe neza na rutahizamu Viktor Gyökeres nyuma y'ikosa yari akorewe mu rubuga rw'amahina na myugariro David Hancko.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga nyinshi ku ruhande rwa Atlético Madrid yotsa igitutu izamu rya Arsenal, Ademola Lookman agerageza ishoti rikomeye rikurwamo n'umunyezamu David Raya mbere y'uko myugariro Gabriel Magalhães atabara izamu ku mupira wari usubijwemo na Antoine Griezmann.
Igitutu cya Atlético Madrid cyatanze umusaruro ku munota wa 56 ubwo yabonaga penaliti yatanzwe nyuma y'uko ishoti ryatewe na Marcos Llorente rikoze ku kuguru kwa Ben White rigahita rimukora no ku kuboko.
Nyuma yo kwitabaza ikoranabuhanga rya VAR, umusifuzi Danny Makkelie yemeje iyi penaliti yatewe neza na Julian Alvarez n'ishoti riremereye yohereje mu nguni y'izamu biba igitego 1-1.
Ikipe yo muri Espagne yakomeje gushaka igitego cya kabiri ariko ntiyagira amahirwe, aho Antoine Griezmann yateye umupira ukubita igiti cy'izamu mu gihe na Lookman yabonye uburyo bwabazwe imbere y'izamu ariko atera umupira ugwa mu maboko ya Raya.
Mu minota ya nyuma y'umukino habayemo impaka zikomeye ubwo umusifuzi yatangaga penaliti ya kabiri ya Arsenal ku ikosa ryari rikorewe kuri Eberechi Eze wari winjiye mu kibuga asimbura, akagushwa na David Hancko.
Umusifuzi yagiye kureba amashusho ya VAR abisabwe n'umutoza Diego Simeone, yivuguruza ku cyemezo yari yafashe yemeza ko nta penaliti yabayeho.
Ibi byababaje cyane umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, watangaje nyuma y'umukino ko iryo kosa ryakabaye penaliti kandi ko kwivuguruza k'umusifuzi ari ibintu bidakwiriye ku rwego rwa Champions League kuko byahinduye isura y'umukino.
Uretse iby'imisifurire, uyu mukino waranzwe n'ibibazo by'ikibuga, aho mbere y'uko utangira Arsenal yari yagejeje ikirego muri UEFA yinubira ko ibyatsi bya Riyadh Air Metropolitano Stadium ari birebire ndetse hagaterwamo amazi menshi agamije kugabanya umuvuduko w'umukino.
Ibi bibazo byanatumye myugariro Piero Hincapie anyerera ku munota wa mbere w'umukino gusa ntibyagira ingaruka zikomeye cyane.
Perezida Kagame aherutse no kwitabira undi mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wabereye mu Bufaransa warangiye Paris Saint Germain itsinze Bayern Munich ibitego 5-4.
Umukino wo kwishyura hagati ya Arsenal na Atlético Madrid uteganyijwe ku wa 5 Gicurasi 2026 kuri Emirates Stadium mu Bwongereza.







