BAL yemeje ko RSSB Tigers izahagararira u Rwanda muri uyu mwaka

BAL yemeje ko RSSB Tigers izahagararira u Rwanda muri uyu mwaka

BAL yemeje ko RSSB Tigers izahagararira u Rwanda muri uyu mwaka

BAL yemeje ko RSSB Tigers izahagararira u Rwanda muri uyu mwaka
‎Ubuyobozi bw’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwemeje ku mugaragaro ko ikipe ya RSSB Tigers ari yo izahagararira u Rwanda mu mwaka w'imikino wa 2026, nyuma y'uko ikipe ya APR BBC yari isanzwe ifite iyi tike ifashe icyemezo cyo kwikura muri aya marushanwa.
‎Ibi byemejwe binyuze mu itangazo BAL yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2026. 
Muri ubu butumwa, BAL yagize iti “Amakuru agezweho muri BAL Season 6, ni uko RSSB Tigers yo muri Shampiyona y’u Rwanda, ari yo izakina imikino yo mu itsinda rya Kalahari Conference.”
‎Biteganyijwe ko iyi kipe iherutse kwegukana Igikombe cy'u Rwanda cya 2025 na Super Cup ya 2026, ihaguruka i Kigali ku wa Kabiri yerekeza i Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho imikino y'itsinda rya Kalahari Conference izabera kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026.
‎Muri iri tsinda, RSSB Tigers izacakirana n'amakipe akomeye arimo Petro de Luanda yo muri Angola yatwaye igikombe mu 2024, Al Ahly Tripoli yo muri Libya ifite igikombe giheruka, Johannesburg Giants y'iwabo muri Afurika y'Epfo, FUS Rabat yo muri Maroc, Dar City yo muri Tanzania ndetse na Nairobi City Thunder yo muri Kenya.
‎Mu rwego rwo kwitegura uru rugendo rwayo rwa mbere kuri uru rwego rwa Afurika, iyi kipe yongereye imbaraga mu batoza bayo yiyambaza James Maye Jr wari usanzwe utoza APR BBC na Kenneth Gasana, baje kungiriza umutoza mukuru Henry Mwinuka. 
‎Biteganyijwe ko RSSB Tigers igomba no kongera mu bakinnyi bayo abandi b'Abanyarwanda n'abanyamahanga bazayifasha guhatana muri iyi mikino, barimo n'umukinnyi w’Umunye-Congo, Viny Okouo.
‎Amakipe umunani azaba yitwaye neza kurusha ayandi mu matsinda ya Kalahari na Sahara Conference, azahita abona itike yo kwerekeza i Kigali mu Rwanda, ahazabera imikino ya kamarampaka n’iya nyuma guhera tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now