Kiyovu Sports yanenze yivuye inyuma umushinga wo kwihuza n'andi makipe

Kiyovu Sports yanenze yivuye inyuma umushinga wo kwihuza n'andi makipe

Kiyovu Sports yanenze yivuye inyuma umushinga wo kwihuza n'andi makipe

Kiyovu Sports yanenze yivuye inyuma umushinga wo kwihuza n'andi makipe
‎Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko umushinga w'Umujyi wa Kigali wo guhuza amakipe usanzwe utera inkunga wizwe nabi cyane kuko usibanganya amateka, ndetse n'ikipe ya Gasogi United iwutera utwatsi yivuye inyuma.
‎Ibi bije nyuma y'ibaruwa yagiye hanze isaba AS Kigali kwihuza na Kiyovu Sports ndetse na Gasogi United kugira ngo habeho ikipe imwe rukumbi izajya iterwa inkunga n'umujyi guhera mu mwaka w'imikino wa 2026/2027. Abayobozi b'aya makipe basabwe gukora ibiganiro bakazatanga umwanzuro ntakuka bitarenze tariki ya 30 Werurwe 2026.
‎Umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemedi, yanenze ubu busabe avuga ko uyu mushinga utitaye ku mpamvu zatumye ikipe ibaho dore ko ifatwa nk'imfura mu mupira w'u Rwanda. 
Ibi yabitangaje nyuma y'umukino ikipe ye yari imaze gutsindamo AS Kigali ibitego 3-1 ku Cyumweru.
‎Minani yasobanuye ko inkunga ya miliyoni 150 z'amafaranga y'u Rwanda bahabwa n'Umujyi wa Kigali idahagije ku ikipe ihatanira igikombe kuko ikenera ingengo y'imari igera kuri miliyari 1 y'amafaranga y'u Rwanda.
‎Yagize ati "Ayo iduha turayashima ariko ahagaze ntiyatuma Kiyovu Sports itabaho kuko abakunzi bayo basohora amafaranga aruta ayo umujyi uduha. Igisubizo kizavamo by'agateganyo ni ukubabwira ko uwize uyu mushinga yawize nabi."
‎Ku ruhande rwa Gasogi United, nyiri ikipe Kakooze Nkuliza Charles yahakanye iby'ubu busabe yivuye inyuma, asobanura ko ikipe ari iye bwite bityo kuyikuraho no kuyihuza n'izindi bidashoboka.
‎Amakuru agaragaza ko mu biganiro byari byabanje, Kiyovu Sports yari yasabye ko AS Kigali yaseswa maze abakinnyi bayo bakakirwa n'andi makipe kugira ngo basoze amasezerano yabo neza ariko umwanzuro urabura.
‎Kugeza ubu muri Shampiyona aya makipe yose ntabwo ahagaze neza cyane kuko Kiyovu Sports iri ku mwanya wa karindwi n'amanota 36, Gasogi United ikaba ku mwanya wa 11 n'amanota 26 mu gihe AS Kigali iri ku mwanya wa 13 n'amanota 24.




Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now