Ikipe y’Igihugu ya Kenya izwi nka ‘Harambee Stars’ yatangiye nabi imikino y'irushanwa rya gicuti rya FIFA Series 2026 riri kubera i Kigali, nyuma yo gusezererwa n’Ikipe y’Igihugu ya Estonia kuri penaliti 5-4, nyuma y'uko iminota 90 y'umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatanu, tariki ya 27 Werurwe 2026, watangiranye kwigana ku mpande zombi, ariko Kenya ikomeza kugerageza gusatira cyane inashaka kubaka umukino.
N'ubwo yari yihariye umupira, Estonia ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 20 ibifashijwemo na Tanel Tammik washyizeho umutwe ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Kevor Palumets, ba myugariro ba Kenya barangaye.
Nyuma yo gutsindwa iki gitego, umutoza wa Kenya, Benni McCarthy, yakomeje gusaba abakinnyi be gushyiramo imbaraga, ndetse bakomeza kubona uburyo bwiza ariko umunyezamu wa Estonia, Karl Andre Vallner, akomeza kubabera ibamba.
Igice cya mbere cyarangiye Estonia iyoboye n'igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Kenya yagarukanye ingufu zidasanzwe ndetse ibona igitego cyo kwishyura ku munota wa 51. Iki gitego cyatsinzwe na rutahizamu Ryan Ogam warobye umunyezamu wa Estonia nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Zech Obiero wakinaga umukino we wa mbere mu Ikipe y'Igihugu.
Amakipe yombi yakomeje gukirana ashaka igitego cy'intsinzi, aho abakinnyi ba Kenya barimo Lawrence Okoth wahushije igitego cyabazwe ku munota wa 83, babonye uburyo bwinshi ariko iminota 90 irangira baguye miswi (1-1).
Kugira ngo hamenyekane ikipe igomba gukomeza ku mukino wa nyuma w'Itsinda A, hitabajwe za penaliti.
Amakipe yombi yatsinze penaliti enye muri eshanu za mbere ariko ku ruhande rwa Kenya, Mohammed Bajaber aza kuyihusha, naho Richard Odada wateye iya gatandatu ashaka kuyitera nka 'Panenka' ayishyira hejuru y'izamu, bituma Estonia yegukana intsinzi ya penaliti 5-4.
Estonia izakina umukino wa nyuma izahuramo n'ikipe iza gutsinda hagati y'u Rwanda na Grenada, mu gihe Kenya izahatanira umwanya wa gatatu ikina n'ikipe iza gutsindwa. Ni imikino izaba ku wa Mbere.



