Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryahagaritse abakinnyi Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo mu gihe cy'umwaka wose mu bikorwa byose bya Basketball mu Rwanda, nyuma yo kwanga kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu.
Aba bakinnyi basanzwe bakinira APR BBC, banze kwitabira ubutumire bw'Ikipe y'Igihugu yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi nyamara amakipe yabo yari yamaze kubarekura.
Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026, FERWABA yasobanuye ko iki cyemezo gishingiye ku mategeko y'Impuzamashyirahamwe y'Umukino wa Basketball ku Isi (FIBA) ndetse n’umwanzuro w’Inteko Rusange ya FERWABA wabaye mu Ukuboza 2025. Uyu mwanzuro uteganya ko umukinnyi wese uhawe ubutumire ikipe ye ikamurekura ariko akanga kwitaba, ahanishwa guhagarikwa umwaka wose mu bikorwa bya Basketball imbere mu gihugu.
Ubuyobozi bwa FERWABA bwashimangiye ko bukomeje gushyira imbere indangagaciro z'ikinyabupfura, ubwitange no kubaha inshingano zikomeye zo guhagararira igihugu.
Aba bakinnyi baherukaga gufasha ikipe ya RSSB Tigers BBC kwegukana irushanwa rya BAL 2026, si ubwa mbere bagaragayeho iyi myitwarire. Mu mwaka wa 2024 nabwo bari banze kwitaba ubwo u Rwanda rwiteguraga imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, icyo gihe bitwaza umunaniro.
Kutitabira kwabo kubaye mu gihe Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ihagaze nabi, ikaba iri ku mwanya wa nyuma mu Itsinda C n'amanota atatu. Iyi kipe ikaba yitegura icyiciro gikurikiraho cy'imikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi giteganyijwe kuzabera muri Angola kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 5 Nyakanga 2026.

