Chelsea FC yirukanye umutoza Liam Rosenior nyuma y'amezi atatu gusa

Chelsea FC yirukanye umutoza Liam Rosenior nyuma y'amezi atatu gusa

Chelsea FC yirukanye umutoza Liam Rosenior nyuma y'amezi atatu gusa

Chelsea FC yirukanye umutoza Liam Rosenior nyuma y'amezi atatu gusa
‎Ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza yatangaje ko yatandukanye n'umutoza mukuru Liam Rosenior wari umaze amezi atatu gusa ayitoza, bitewe n'umusaruro muke ukomeje kuranga iyi kipe.
‎Rosenior w'imyaka 41, yari yahawe inshingano zo gutoza iyi kipe mu kwezi kwa mbere uyu mwaka, asinya amasezerano yagombaga kugeza muri Kamena 2032. 
Icyakora, umusaruro muke w'iyi kipe wateye abayobozi gufata icyemezo cyo kumwirukana habura amezi abiri ngo umwaka w'imikino urangire. 
‎Mu itangazo Chelsea yashyize hanze, yagize iti "Iki si icyemezo ikipe yafashe yishimye, icyakora umusaruro uheruka ndetse n'imikinire byari munsi y'urwego rusabwa mu gihe hari byinshi byo guhatanira muri uyu mwaka w'imikino. Buri wese muri Chelsea FC yifurije Liam amahirwe mu bikorwa bye byo mu hazaza."
‎Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko Chelsea itsinzwe na Brighton & Hove Albion ibitego 3-0 ku wa Kabiri, ikaba yari inshuro ya gatanu yikurikiranya iyi kipe itsindwa muri Shampiyona idatsinze igitego na kimwe, amateka mabi iheruka mu mwaka wa 1912.
‎Mu mikino 23 Rosenior yatoje Chelsea mu marushanwa yose, yabashije gutsinda imikino 11 gusa. Muri Shampiyona y'u Bwongereza (Premier League), yatoje imikino 13 atsindamo itanu, mu gihe andi manota yayabonye binyuze mu gutsinda imikino ine ya FA Cup; yose yakinnye n'amakipe yo mu byiciro byo hasi.
‎Umwanya wa Rosenior wahawe Calum McFarlane w'imyaka 40 nk'umutoza w'agateganyo kugeza umwaka w'imikino urangiye. McFarlane wari wungirije Rosenior, si ubwa mbere ahawe uyu mwanya kuko no mu kwezi kwa mbere, nyuma y'igenda rya Enzo Maresca, yatoje imikino ibiri irimo uwo banganyijemo na Manchester City 1-1 n'uwo batsinzwemo na Fulham. 
McFarlane azatangira gutoza Chelsea ku Cyumweru, mu mukino wa 1/2 cy'Igikombe cya FA Cup izahuramo na Leeds United kuri Stade ya Wembley.
‎Aya makuru y'iyirukanwa rya Rosenior atangajwe mu gihe Chelsea iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League, aho irushwa amanota arindwi na Liverpool iri ku mwanya wa gatanu, ari na wo utanga itike yo gukina UEFA Champions League umwaka utaha.
‎Amakuru avuga ko Chelsea irimo kugenzura abatoza barimo Andoni Iraola usanzwe utoza Bournemouth, Marco Silva utoza Fulham ndetse na Edin Terzic wahoze atoza Borussia Dortmund ngo barebe uwo bazaha inshingano zo gutoza iyi kipe mu gihe kirekire.








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now