Ikipe ya APR FC yisubije umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona y'u Rwanda nyuma yo gutsinda Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino w'umunsi wa 25 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.
Igitego rukumbi cyatandukanyije amakipe yombi cyatsinzwe na rutahizamu Djibril Ouattara ku munota wa 15 w'umukino nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Dauda Yussif wari uturutse mu kibuga hagati.
Iki gitego cyabaye icya 11 uyu rutahizamu atsinze muri uyu mwaka w'imikino, bituma ahita anganya n'abandi bakinnyi bayoboye ba rutahizamu barimo Emmanuel Flomo wa Al Hilal SC na Mbonyumwami Taiba wa Marine FC.
Iyi ntsinzi yafashije Ikipe y'Ingabo z'Igihugu kuzuza amanota 49 ihita yigizayo Al-Merrikh SC yari yafashe umwanya wa mbere by'agateganyo ku wa Kane.
Kugeza ubu APR FC irusha Al-Merrikh inota rimwe mu gihe isize Al Hilal SC ya gatatu amanota ane, naho Amagaju FC akomeza kuguma mu bibazo kuko yagumye ku mwanya wa 17 n'amanota 21.
Uyu mukino waranzwe n'ubwitabire buri hasi bw'abafana ba APR FC bitewe n'umusaruro muke iyi kipe iheruka kugira, watangiye amakipe yombi yigana yiga, mu mayeri menshi.
Nyuma yo gutsindwa igitego hakiri kare, abakinnyi b'Amagaju FC barimo Ndayishimiye Edouard na Iradukunda Desire bagerageje gushaka uburyo bwo kwishyura ariko umunyezamu Hakizimana Adolphe ababera ibamba akuramo amashoti akomeye.
Mu gice cya kabiri umutoza Sghir Hammadi w'Amagaju FC yakoze impinduka yinjiza mu kibuga abakinnyi barimo Iradukunda Desire na Rwema Amza atangira gusatira cyane ariko uburyo bwiza bakomeje kubona ntibabubyaza umusaruro imbere y'izamu.
Ku rundi ruhande, umutoza Abderrahim Talib wa APR FC na we yasabye abasore be gucungira ku mipira yihuta yatumye William Togui na Djibril Ouattara bahusha uburyo bwabazwe, ari na ko bugarira neza kugira ngo barinde igitego kimwe bari babonye kugeza umusifuzi asoje iminota itanu y'inyongera, umukino urangira Nyamukandagira icyuye intsinzi.








