Ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania yemeje ko izitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ry'uyu mwaka rizabera mu Rwanda nyuma y'imyaka umunani itarigaragaramo.
Iri rushanwa rizahuza amakipe yo mu Karere rizakinwa kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026. Imikino yaryo izabera kuri Stade Amahoro ndetse na Kigali Pele Stadium. Simba SC yegukanye iri rushanwa inshuro esheshatu yaherukaga kuryitabira mu mwaka wa 2018.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'agateganyo wa CECAFA, Jean Sseninde, yagize ati "Twishimiye ko iri rushanwa rizaha amakipe yacu urubuga rwo kwitegura amarushanwa ya CAF azatangira muri Nzeri 2026".
Amakipe 11 amaze kwemeza kwitabira arimo APR FC na Rayon Sports zizahagararira u Rwanda, Simba SC yo muri Tanzania ndetse na Vipers SC yo muri Uganda.
Hari kandi Al Hilal SC na El Merriekh SC zo muri Sudani, Gor Mahia FC yo muri Kenya, Mogadishu City FC yo muri Somalia, Jamus SC yo muri Sudani y'Epfo, FC Garde Républicaine y'i Djibouti na KVZ FC yo muri Zanzibar.
Kugeza ubu iyi mikino ntizagaragaramo ikipe ya Young Africans cyangwa amakipe yo mu Burundi, mu gihe hari gukekwa ko hashobora gutumirwa amakipe yo mu Barabu. CECAFA ryatangaje ko ikipe ya 12 izuzuza umubare w'azitabira izamenyekana tariki ya 6 Nyakanga 2026.
Leave a Comment