Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko RSSB Tigers Basketball Club ari yo izahagararira igihugu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ku nshuro ya gatandatu isimbuye APR BBC yikuye muri iri rushanwa.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko Ikipe y'Ingabo z'Igihugu ifashe umwanzuro wo kutazitabira iri rushanwa rikomeye muri Afurika, bitewe n'ibibazo biri hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko BAL itegurwa ikanaterwa inkunga na Shampiyona ya Basketball y'Amerika (NBA).
Ibi byababaje cyane umutoza wa APR BBC, James Maye Jr, wanyujije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Instagram agira ati "Nta kibabaje umutima kirenze iki! Umwaka urenga mu kazi kenshi, bigiye gutyo gusa."
FERWABA yasobanuye ko RSSB Tigers yahawe aya mahirwe kubera umusaruro mwiza yagaragaje imbere mu gihugu, aho iherutse kwegukana Igikombe cya Rwanda Cup cya 2025 ndetse na Super Cup ya 2026.
Iri shyirahamwe ryashimangiye ko rifitiye icyizere iyi kipe mu kugaragaza ubunyamwuga no guharanira ishema ry'u Rwanda, risaba abakunzi b'uyu mukino kuyishyigikira muri uru rugendo rushya igiye gutangira.
Muri iri rushanwa rizaba ku nshuro yaryo ya gatandatu, RSSB Tigers yahise ishyirwa mu Itsinda rya Kalahari (Kalahari Conference) rizakinira mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo guhera tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026. Iyi kipe izaba ihatanye n'amakipe akomeye arimo Al Ahly Tripoli yo muri Libya ifite igikombe giheruka ndetse na Petro de Luanda yo muri Angola.
Muri uyu mwaka w’imikino amakipe 12 azaba agabanyijemo amatsinda abiri, Kalahari na Sahara Conference, aho buri kipe izakina imikino 15. Amakipe ane ya mbere muri buri tsinda azabona itike yo kwerekeza i Kigali mu Rwanda, ahazakinirwa imikino ya kamarampaka n’iya nyuma guhera tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.
RSSB Tigers igiye gusimbura APR BBC yari yakoze amateka mu mwaka ushize wa 2025, ubwo yabaga ikipe ya mbere yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba yegukanye umwanya wa gatatu muri iri rushanwa Nyafurika.
Leave a Comment