Rayon Sports yatangaje bidasubirwaho umutoza mushya ‎
Rayon Sports yatangaje bidasubirwaho umutoza mushya ‎

‎Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ku mugaragaro ko Haringingo Francis Christian wari usanzwe atoza Kiyovu Sports yagizwe umutoza wayo mukuru asimbuye Bruno Ferry uheruka gutandukana n'iyi kipe.

‎Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026 ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemeje igaruka ry'uyu mutoza ukomoka mu Burundi nyuma y'iminsi 1035 ayivuyemo.

‎Iyi kipe yabitangaje binyuze mu butumwa bw'ikaze yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

‎Haringingo ahawe izi nshingano asimbura Bruno Ferry wirukanwe nyuma y'amezi atatu gusa ahawe akazi ko gutoza Murera.

‎Muri uru rugendo rushya, uyu mutoza azaba yungirijwe na Dusange Sacha nk'umutoza wungiriza wa mbere, mu gihe Lomami Marcel usanzwe muri iyi kipe azaba ari umutoza wungirije wa kabiri.

‎Uyu mugabo ufatwa nk'umwe mu batoza bamenyereye Shampiyona y'u Rwanda, asize Kiyovu Sports ku mwanya wa gatandatu n'amanota 39 nyuma yo kuyifasha kwitwara neza mu kibuga, nubwo iyi kipe yari yugarijwe n'ibibazo by'ubukene.

‎Agarutse muri Gikundiro yaherukagamo mu 2023, aho yayihesheje Igikombe cy'Amahoro nyuma yo gutsinda APR FC ku mukino wa nyuma.

‎Ubuyobozi bwa Rayon Sports bufite intego yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona iyi kipe iheruka kwegukana mu 2019 cyangwa ikindi gikombe gikinirwa mu Rwanda, dore ko igeze muri kimwe cya kabiri cy'Igikombe cy'Amahoro.

‎Uretse Kiyovu Sports na Rayon Sports, Haringingo yatoje andi makipe arimo Mukura VS, Police FC na Bugesera FC.

‎Umukino wa mbere Haringingo agiye gutoza uteganyijwe ku wa Gatandatu saa 18:00, aho Rayon Sports izakira Gicumbi mu mukino w'Umunsi wa 26 wa Shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now