Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryakuyeho ibihano byo kutandikisha abakinnyi bashya ryari ryafatiye Ikipe ya Rayon Sports nyuma y'uko yishyuye miliyoni 23 Frw yari ibereyemo Umunya-Mali Souleymane Daffé wirukanwe binyuranyije n'amategeko.
Ibi bihano byari byashyizweho guhera muri Werurwe uyu mwaka nyuma y'uko iyi kipe yatsinzwe ikirego yarezwemo n'uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga. FIFA yari yamenyesheje Rayon Sports ko niramuka itishyuye aya mafaranga itazemererwa kongera kwandikisha abakinnyi bashya kugeza muri Mutarama 2028.
Iki kibazo cyari gikomeye kuko cyashoboraga no kubuza iyi kipe gukina irushanwa Nyafurika rya CAF Confederation Cup.
Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yari aherutse gutangaza ko uyu mukinnyi wabakiniye amezi atandatu yareze ikipe kuko yasezerewe bakifitanye amasezerano y'igihe kirekire.
Mu rwego rwo kwitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/27, aho yamaze kugura abakinnyi 10 bashya, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahise bwishyura uyu mukinnyi maze FIFA ibimenyesha Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Uretse Daffé, Rayon Sports inasabwa kwishyura uwahoze ari umutoza wayo Afahmia Lotfi asaga miliyoni 20 Frw kugira ngo yikure mu manza zose imaze igihe ihanganyemo n'abahoze ari abakozi bayo.
Leave a Comment