‎Ibitego bitatu bya Valverde byafashije Real Madrid kunyagira Manchester City ‎
‎Ibitego bitatu bya Valverde byafashije Real Madrid kunyagira Manchester City ‎
Ikipe ya Real Madrid yatsinze Manchester City ibitego 3-0 mu mukino ubanza wa kimwe cy'umunani cya UEFA Champions League wabereye ku kibuga cya Santiago Bernabéu i Madrid muri Espagne, mu Ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026.
‎Iyi ntsinzi yabonetse babikesha ubuhanga bwa kapiteni wabo Federico Valverde watsinze ibitego byose uko ari bitatu [hat-trick] mu gice cya mbere cy'umukino.
 Uyu mukino wabereye imbere y'abafana barenga ibihumbi 76 bari buzuye stade, dore ko iyi yari inshuro ya 16 aya makipe yombi ahura muri iri rushanwa rikomeye i Burayi.
‎Valverde yafunguye amazamu ku munota wa 20 nyuma yo guhabwa umupira muremure n'umunyezamu Thibaut Courtois, asiga myugariro Nico O'Reilly mbere yo kuroba umunyezamu Gianluigi Donnarumma. Iki gitego cyahinduye isura y'umukino kuko mbere yaho Manchester City yasatiraga cyane binyuze kuri Jeremy Doku.
‎Nyuma y'iminota irindwi gusa Valverde yongeye gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 27 ahawe umupira na Vinícius Júnior. Uyu munya-Uruguay yateye ishoti rikomeye n'ukuguru kw'imoso ryaruhukiye mu nshundura, Donnarumma ananiwe kurikuramo.
‎Igitangaza cyabaye ku munota wa 42 ubwo Valverde yatsindaga igitego cya gatatu ku buryo bw'umwihariko. Yahawe umupira na Brahim Díaz agererageza kuwushyira hejuru ya Marc Guehi wari umufashe, maze ahita atera ishoti rikomeye umupira utarakora hasi uruhukira mu nshundura.
‎Mu gice cya kabiri Real Madrid yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya kane binyuze kuri penaliti nyuma y'uko Donnarumma yakoreye ikosa kuri Vinícius Júnior mu rubuga rw'amahina. Icyakora uyu rutahizamu ukomoka muri Brésil yateye iyi penaliti nabi bituma umunyezamu w'Umutaliyani ayikuramo ayishyize ku ruhande rw'ibumoso bwe.
‎Manchester City yagerageje gushaka igitego cy'impozamarira mu gice cya kabiri ariko umunyezamu Thibaut Courtois akomeza kubabera ibamba, harimo n'umupira ukomeye yakuyemo akoresheje ukuguru ku munota wa 75 nyuma y'uko Nico O'Reilly yari yambuye umupira umukinnyi ukiri muto Thiago Pitarch.
‎Umutoza wa Real Madrid Alvaro Arbeloa yashimiye abakinnyi be by'umwihariko Valverde. 
‎Yagize ati "Ntabwo byari byoroshye ariko twagaragaje ko turi Real Madrid kandi ko tudashobora kurangira byoroshye. Valverde ni icyitegererezo cy'umukinnyi wa Real Madrid kandi akwiriye ibi byishimo atazigera yibagirwa."
‎Ku rundi ruhande umutoza wa Manchester City Pep Guardiola yemeye ko batsinzwe ariko agaragaza ko bafite icyizere cyo kwishyura mu mukino utaha.
 Ati "Twakinnye neza ariko ibyavuye mu mukino ntibihuye n'uko twakinnye. Bafite ubuhanga bwo kwihuta iyo batakaje umupira. Dufite icyumweru kimwe ngo twitegure, tuzareba uko bizagenda kuri Etihad."
‎Real Madrid izasura Manchester City mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Etihad Stadium mu Bwongereza, ariko mbere yaho izabanza kwakira Elche muri La Liga ku wa Gatandatu tariki ya 14 Werurwe mu gihe Manchester City izasura West Ham muri Premier League kuri uwo munsi.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now