FERWAFA yatangaje umutoza mushya w'Amavubi
FERWAFA yatangaje umutoza mushya w'Amavubi

‎Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje Stephen Constantine w'Umwongereza nk'Umutoza Mukuru mushya w’Ikipe y’lgihugu y’Abagabo "Amavubi" n’Ikipe y’lgihugu y’Abatarengeje imyaka 23, mu masezerano y'imyaka ibiri ishobora kongerwa bitewe n'umusaruro azatanga.

‎Kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Werurwe 2026 ni bwo FERWAFA yemeje igaruka ry'uyu mutoza w'imyaka 63 wari uherutse mu Rwanda hagati y'umwaka wa 2014 na 2015, aho azatangira inshingano ze ku mugaragaro ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026.

Azakorana n'abatoza basanzwe barimo Nshimiyimana Eric wari umutoza wungirije wa Adel Amrouche, mu rwego rwo gutegura imikino ya FIFA Series iteganyijwe kubera i Kigali mu mpera z'uku kwezi.

‎Mu itangazo ryayo, FERWAFA yashimangiye ko ishyirwaho rya Constantine rigaragaza ubushake bw'igihugu bwo kubaka imikorere n'imiyoborere mishya y'umupira w'amaguru hagamijwe kugera ku ntsinzi ku rwego rwa Afurika ndetse no ku Isi.

Uyu mutoza aje asanga u Rwanda ku mwanya wa 131 ku rutonde rwa FIFA, nyamara ubwo yavaga mu Rwanda mu 2015 yari yararusize ku mwanya wa 64, ari na wo mwiza rwagize mu mateka yarwo kugeza ubu.

‎Mu gihe gito yamaze atoza Amavubi bwa mbere, mbere yo kwerekeza mu Buhinde, Constantine yari yarahawe inshingano zo gutegura Igikombe cya Afurika cy'Abakina Imbere mu Gihugu (CHAN) cyabereye mu Rwanda mu 2016. Muri icyo gihe mu mikino irindwi yatoje ntiyigeze atsindirwa mu rugo na rimwe. Icyakora yatsinzwe umukino umwe gusa na Congo Brazzaville ndetse anganya ibiri n'u Burundi ndetse na Maroc.

‎Urugendo rw'ubutoza rwa Stephen Constantine rwatangiye mu 1999 atoza ikipe y'igihugu ya Nepal, nyuma y'uko imvune yo mu ivi imuhagaritse ku gukina umupira w'amaguru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakiniraga amakipe arimo Pennsylvania Stoners na New York Freedoms.

Nyuma ya Nepal yatoje ibindi bihugu bitandukanye birimo u Buhinde yatoje inshuro ebyiri, Malawi, Sudani ndetse na Pakistan, ari na yo aherukamo kuva mu 2023.

‎Uyu mutoza uzwiho gukunda gukoresha uburyo bwa 4-4-2 cyangwa 4-3-3, yari aherutse kugaragaza ko agifitiye u Rwanda ibyiyumviro umwaka ushize nyuma yo gutsindira Nigeria iwayo, avuga ko nubwo ari ruto rurimo impano nyinshi z'umupira w'amaguru.

‎Biteganyijwe ko amakuru arambuye ku ntego n'icyerekezo cya tekiniki bya Constantine bizatangazwa mu kiganiro n'abanyamakuru giteganyijwe mu minsi iri imbere, mu gihe yitegura gukomeza urugendo rwo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera mu bihugu by'abaturanyi bya Kenya, Tanzania na Uganda.

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now