Komite Nyobozi y'Ihuriro ry'Abafana b'Ikipe y'Igihugu "Amavubi" yahagaritse by'agateganyo Muhawenimana Claude ku nshingano zo kuyibera Perezida, ashinjwa kunyereza amafaranga yari yagenewe abafana.
Iki cyemezo cyamenyekanye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Mata 2026,kije nyuma y'imikino ya FIFA Series 2026 iherutse kubera mu Rwanda. Intandaro yo guhagarikwa kwe, nk'uko Umuseke dukesha aya makuru wabyanditse, ni amafaranga angana na 3.000.000 Frw yatanzwe ngo afashe abafana muri iyo mikino ariko ntabagereho, ndetse ntiyacishwa kuri konti y'Ihuriro ry'abafana nk'uko amategeko abiteganya.
Abagize iyi Komite bamaze kumwandikira bamumenyesha ko bamuhagaritse, ndetse banamenyesha Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) uyu mwanzuro.
Iyi myanzuro yafashwe nyuma y'inama zitandukanye z'iyi Komite zabaye tariki ya 4, iya 9 n'iya 12 Mata 2026 ziga ku myitwarire ye, ariko uyu muyobozi agasiba kuzitabira ngo atange ibisobanuro n'ubwo yari yatumiwe.
Imyanzuro yo kumuhagarika yashyikirijwe FERWAFA irayakira, ndetse ihabwa n'Umuhesha w'Inkiko wayigejeje kuri Muhawenimana binyuze ku rubuga rwa WhatsApp tariki ya 10 Mata 2026.
Ni imyanzuro yashyizweho umukono na Visi Perezida Anita Kivuye, Umubitsi Bayingana Innocent, Ushinzwe Ubukangurambaga Minani Hemedi, Ushinzwe Umutekano CIP (Rtd) Kayitana Vincent n'Ushinzwe Ibikoresho Vandamme Watchuma.
Uretse kunyereza aya mafaranga, iyi Komite ishinja Muhawenimana wari umaze imyaka 12 ayobora aba bafana andi makosa arimo kwitwaza izina rye gusa aho guhagararira abafana bose iyo agiye muri FERWAFA.
Banavuga ko iyo asabwe gutanga imiyoboro yoherezwaho ubufasha bw'abafana, atanga konti ze bwite za banki na Email ye aho gutanga iby'Ihuriro, ndetse akaba yaragiye asabwa kenshi gutumiza inama ngo atange raporo y'ibyo yatumwe ntabikore.
Aganira na Umuseke, Muhawenimana Claude yahakanye ibi byose ashinjwa, yemeza ko abamuhagaritse batabifitiye ububasha. Uyu mugabo asanzwe anayobora ihuriro ry'abafana ba Rayon Sports ku rwego rw'igihugu.
