‎APR FC yasinyishije Madou Zon wari usanzwe ari Kapiteni wa TP Mazembe

‎APR FC yasinyishije Madou Zon wari usanzwe ari Kapiteni wa TP Mazembe

‎APR FC yasinyishije Madou Zon wari usanzwe ari Kapiteni wa TP Mazembe

‎APR FC yasinyishije Madou Zon wari usanzwe ari Kapiteni wa TP Mazembe
‎Ikipe ya APR FC ikomeje urugendo rwo kwiyubaka yamaze kumvikana na myugariro w'Umunya-Burkina Faso, Madou Zon, wari usanzwe ari Kapiteni w’Ikipe ya TP Mazembe yo muri Congo ngo ayisinyire amasezerano y'imyaka ibiri.
‎Ni amakoro yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Kamena 2026, atangajwe n'abarimo umunyamakuru uba hafi ya APR FC, Kalisa Bruno Taifa.
‎Uyu musore w’imyaka 27 y'amavuko ukina mu mutima w’ubwugarizi aje kuziba icyuho cyasizwe n'Umunya-Sénégal Aliou Souané uherutse gusezererwa n'iyi kipe y'Ingabo z'Igihugu nyuma yo gusoza amasezerano yari ayifitiye.
‎Kwinjira kwa Madou Zon muri iyi kipe kuje kongera imbaraga mu bwugarizi dore ko ahasanze abandi bakinnyi barimo Nduwayo Alexis na Ishimwe Abdoul, mu gihe ba myugariro barimo Niyigena Clément ndetse na Nshimiyimana Yunussu bo barangije amasezerano yabo.
‎Mbere yo kwerekeza i Kigali, Madou Zon yari amaze imyaka itatu akinira TP Mazembe yari yagezemo muri Nyakanga 2023 avuye muri AS Douanes y’iwabo. 
‎Uyu myugariro wari inkingi ya mwamba mu kibuga ndetse akaba yaragirirwaga icyizere cyo kuyobora bagenzi be, yananyuze mu ishuri ryigisha umupira rya Kassoum Ouédraogo Zico Académie.




Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now